New Creation Ministries
Gufasha Itorero ryo mu Rwanda gukora nk’umubiri wa Kristo
Gutoza no kwigisha
Kuva mu 1992, New Creation Ministries yatozaga abanyarwanda bakora umurimo w’Imana mu matorero, mu kazi no mu rugo. Intego yacu nyamukuru si ugutanga ubumenyi gusa ku banyeshuri bacu, ahubwo ni ukubona bahinduka rwose. Bahindurwa nibyo biga. Twifuza kubona bahinduka abigishwa ba Yesu byukuri.
Gahunda zacu
Amahugurwa y'abafite inshingano zitandukanye mu matorero (MLT)
Abagera kuri 70% byabatuye mu Rwanda baba mubyaro aho batabona amahugurwa kwijambo ry’Imana mururimi bumva neza. Aya mahugurwa rero yaje ari igisubizo kuri iki kibazo. Mugihe cy’imyaka ibiri gusa abakuru b’amatorero bafata amasomo y’Iyobokamana. Ndetse nubumenyi bahita bifashisha mu murimo w’Imana bakora. Tubaba hafi ndetse buri umwe byumwihariko, tukabasura mungo zabo, ndetse tugakurikirana uko bakora umurimo w’Imana.
Christian Leadership Institute of Rwanda
Uko u Rwanda rutera imbere hagaragara inyota n’ubushake by’uburezi bufite ireme bwa Gikiristo. Ni muri urwo rwego duteganya gutangira ishuri rikuru ritanga impanyabumenyi ku rwego rwa kaminuza (CLIR). Ni umwaya mwiza rero wo gutoza no kwigisha Umuryango Nyawanda, tubinyujije mu gutoza abigisha iyobokamana bejo hazaza, abashoramari ndetse n’abayobozi b’abaturage.
Ubuhinzi
Urwanda nk’igihugu gifata ubuhinzi nkimwe mu nkingi z’iterambere, abarutuye bahinga ubwoko butandukanye bw’ibihingwa. Uko abatuye igihugu biyongera, ubutaka bwo ntabwo bwiyongera, bityo ibiribwa birahenze, muri rusange ibiribwa ni bicye. Abenshi usanga kurya ari rimwe ku munsi. Gahunda yacu rero y’ubuhinzi igamije gukangurira abenyeshuri bacu uko bahinga kijyambere bakana fata neza ubutaka. Mu guhuza indangagaciro za Bibiliya n’ubuhinzi buteye imbere, tugerageza gukemura ibibazo by’umwuka ndetse nibyo mu buzima busanzwe bw’abanyeshuri bacu, iby’imiryango yabo, naho batuye.
"Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya. Ibyakera biba bishize dore byose biba bihindutse byishya."
2 Abakorinto 5:17